Documenti di Didattica
Documenti di Professioni
Documenti di Cultura
WO GUTURA KU MUDUGUDU
1. INTANGIRIRO
Mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’igihugu hagiye hategurwa gahunda za leta zitandukanye
zirimo EDPRS, VISION 2020, SDGs,
Izi gahunda zose zihutishwa ari uko imiturire y’abanyarwanda imeze neza. Amateka agaragaza
ko abaturarwanda bagiye batura batatanye cyane ku buryo byagoranaga kubagezaho ibikorwa
remezo by’ibanze (Amazi, Amashanyarazi, Imihanda,amavuriro…)
Leta y’u Rwanda ibicishije mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA),
yakomeje gukangurira Abaturarwanda gutura mu Buryo bwiza, Abatuye mu mijyi bakubahiriza
ibiteganywa n’ibishushanyo mbonera byakozwe, mu Gihe abatuye mu byaro bakangururwa
gutura mu midugudu.
Umurenge wa Nyankenke ahanini ugizwe n’imisozi ifite ubuhaname bukabije, bituma uduce
twinshi twawo tutaberanye no gutura. Ni muri urwo rwego ku bufatanye na MINALOC hagiye
hashyirwaho site zitandukanye zigenewe gutuzwaho abaturage.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iyi gahunda yo gutuza abaturage ku mudugudu Umurenge
washyize mu mihigo wasinyanye n’Akarere, umuhigo wo gutuza ingo 200 kuri ayo masite
yagenewe guturwaho.
IBIKORWA BYOSE BIKUBIYE MU MUHIGO
Kugirango iki gikorwa kigerweho hazakorwa ibi bikurikira: Gukora urutonde rw’abantu
bazatuzwa ku mudugudu; Gukangurira abaturage gutura ku mudugudu bagaragarizwa ibyiza byo
gutura ku mudugudu; Gukurikirana ibikorwa niba koko inzu zubakwa ziri kubakwa ku
mudugudu.
2. IBISABWA UMUTURAGE
Umuturage wese akangurirwa kwishakira ikibanza biciye mu nzira y’igura cyangwa
igurana aho bishoboka
Umuturage kandi niwe wikorera imirimo yose y’ubwubatsi kugeza atashye mu nzu ye.
3. IBISABWA AKAGALI
Akagali karasabwa gufasha mu kugaragaza ingo zituye nabi zikwiye kwimukira mu
mugudugu kakanasabwa gukora ubukangurambaga ku baturage batuye ahatatanye
no mu manegeka bakabumvisha ibyiza byo gutura ku mudugudu bifashishije inama.
Akagali niko gasura ikibanza umuturage agiye kubakamo kagakora raporo igaragaza
ko ahagiye kubakwa ari muri site y’umudugudu nkuko biteganywa n’amategeko
ndetse n’amabwiriza y’imyubakire n’imiturire.
Akagali kandi karasabwa gukora ikurikiranabikorwa rihoraho ry’ibikorwa byo
gutura ku mudugudu, no gutanga raporo za buri kwezi zigaragaza aho icyo gikorwa
kigeze.
4. IBISABWA UMUKOZI W’UMURENGE
Gutanga ubufasha bwa tekinike ku bijyanye n’imyubakire umuturage agaragarizwa
uburyo bwo gushyira inzu mu kibanza.
Gukora ikurikiranabikorwa rihoraho ry’ibikorwa byo gutura ku mudugudu,
Guhuza raporo zo mu Tugali zikoherezwa ku karere
5. IMPLEMENTATION PLAN
Q1 Q2 Q3 Q4
70 70 70 70
Biteguwe:
BIZIMENYERA Theoneste